Amamaza hano
Urubanza ku rupfu rwa Tupac rwongeye kuzamura amayobera amaze imyaka 30
Imyidagaduro

Urubanza ku rupfu rwa Tupac rwongeye kuzamura amayobera amaze imyaka 30

Umugabo ukekwaho gutegura iyicwa ry’umuraperi w’icyamamare Tupac Shakur agiye kuburanishwa, mu rubanza rushobora gutanga ibisubizo ku rupfu rw’uyu muhanzi rwabaye rimwe mu mayobera akomeye mu mateka ya Hip-Hop.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 2 min4560
Dukurikire

Duane “Keffe D” Davis, ufite imyaka 63, ni we muntu wenyine ukurikiranyweho urupfu rwa Tupac, wishwe arashwe i Las Vegas muri Nzeri 1996. Davis aregwa icyaha cy’ubwicanyi bwakoreshejwe intwaro, agamije guteza imbere cyangwa gufasha umutwe w’agatsiko k’abagizi ba nabi.

Gutoranya abagize inteko iburanisha bitangiye ku wa Mbere, tariki ya 10 Kanama 2026, mu Rukiko rw’Akarere ka Clark County i Las Vegas. Urubanza ruteganyijwe kumara hafi ukwezi.

Amamaza hano

Tupac, wari uzwi kandi nka 2Pac na Makaveli, yarashwe ku wa 7 Nzeri 1996 ubwo yari mu modoka ya BMW y’umuziki mogul Marion “Suge” Knight. Imodoka yari igiye kuri Club 662 aho Tupac yari afite gahunda yo kuririmba.

Imodoka ya Cadillac y’umweru yaje kubegera, maze amasasu araswa kuri iyo BMW. Tupac wari wicaye ku ntebe y’imbere yarashwe inshuro nyinshi, apfa nyuma y’iminsi itandatu. Suge Knight we yarokotse.

Urubanza rwari rwarakonje imyaka myinshi, kugeza ubwo amagambo Davis yagiye atangaza ndetse n’ibikubiye mu gitabo yanditse bifasha kongera kubyutsa iperereza. Davis yatawe muri yombi mu 2023, ahakana icyaha aregwa.

INDI NKURU WASOMA : Rayon Sports yibitseho uwakiniye Wydad, Simba na Al Hilal

Davis si we ushinjwa kuba yararashe Tupac

Ubushinjacyaha ntibuvuga ko Davis ari we wafashe imbunda akarasa Tupac. Ahubwo buvuga ko ari we wagize uruhare mu gutegura igikorwa, akagira n’uruhare mu gutanga imbunda yakoreshejwe.

Mu gitabo Compton Street Legends, Davis avuga ku ruhare rwe muri icyo gikorwa, ariko ntavuga uwarashe amasasu yahitanye Tupac.

Orlando “Baby Lane” Anderson, wari mwishywa wa Davis, amaze imyaka afatwa nk’uwashobora kuba yararashe Tupac, ariko ntiyigeze aregwa. Yapfuye mu 1998 mu mirwano y’udutsiko tw’abagizi ba nabi muri California.

Ubushinjacyaha buteganya guhamagaza abatangabuhamya bari hagati ya 35 na 45, barimo ababonye Tupac mbere y’uko araswa, abapolisi n’abashinzwe iperereza ndetse n’abantu bari basanzwe baziranye na Davis na Tupac.

Uru rubanza rushobora kuba ingenzi mu kumenya uko ibyabaye kuri Tupac byagenze, nubwo rutitezweho gutanga igisubizo kidashidikanywaho ku muntu warashe amasasu yamuhitanye.

TupacUrupfu

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.